jad20230324-ass-rdc-vital-kamerhe-1256x628-1679673129

RDC: Kamerhe ashobora kurara yegujwe ku buyobozi bw’inteko ishinga amategeko

Kuri uyu wa Gatatu, Vital Kamerhe ashobora gutakaza umwanya we ku buyobozi bw’inteko ishinga amategeko, umutwe w’Abadepite. Ku wa Mbere, abadepite batanze icyifuzo gisaba kwegura benshi mu bagize biro y’inteko ishinga amategeko, barimo Perezida wa yo Vital Kamerhe, umaze igihe ari umusangirangendo w’umukuru w’igihugu. Ubusabe bwo kumweguza bwashyizweho imikono 262, irenga ubwiganze busabwa bwa 250. Inteko rusange rero yatumijwe kuri uyu wa Gatatu kugirango isuzume ubwo busabe.

Ibishingirwaho muri ubwo busabe  birimo ibibazo by’imbere bijyanye n’imikorere y’Inteko ishinga amategeko. Amakuru agera kuri RFI avuga ko, bimwe muri ibyo bibazo biri mu nzira yo gukemuka, ariko ibi ntibyabujije abadepite kwigomeka.

Indorerezi yegereye ubutegetsi yagize ati: “Ibisabwa ni ibigaragara inyuma gusa; hari impamvu za olitiki zibyihishe inyuma.” Undi musesenguzi avuga ko, Vital Kamerhe arimo kwishyura ikiguzi kubera ko atigeze agaragaza aho ahagaze mu mwaka ushize mu mpaka zijyanye n’ivugururwa ry’itegeko nshinga. “Afatwa nk’aho atagihuza na guverinoma,” nk’uko bisobanurwa n’uwavuganye na RFI, wongeyeho ati: “Hasigaye kureba uwihishe inyuma yabyo.”

Iki cyifuzo kirangajwe imbere na Depite Crispin Mbindule, wahoze mu ishyaka rya UNC rya Vital Kamerhe, winjiye mu ishyaka rya UDPS rya Félix Tshisekedi. Icyakora, ishyaka riri ku butegetsi rikomeza rivuga ko ridahangayikishijwe n’izi mvururu. Iki cyifuzo ndetse nta  “nyungu” zirimo kuri Christian Lumu, visi-perezida w’ishami ry’urubyiruko rw’ishyaka UDPS, wemeza ko “nta mabwiriza yahawe abadepite baryo.”

Ku ruhande rwa perezidansi ntacyo batangaza. Nk’uko ibitangazamakuru byinshi bibitangaza, ndetse ngo ku Cyumweru, Félix Tshisekedi yahuye na Vital Kamerhe ariko ntacyatangajwe ku byo baganiriye. Gusa, uwegereye perezidansi yemeje ko bitaturutse iwabo ibyo gushaka kweguza Kamerhe.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *