Ubutabera bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwasohoye itangazo ryo guhagarika gushakisha Kalev Mutond wahoze ari umuyobozi mukuru w’Urwego rw’igihugu rw’Ubutasi, ANR.
Muri iryo tangazo ryo ku itariki ya 10 Kanama nk’uko tubikesha Jeune Afrique, umushinjacyaha mukuru mu rukiko rw’ubujurire rwa Kinshasa-Gombe, Robert Kumbu Phanzo asobanura ko impamvu zo kumushakisha “zitakiriho”.
Kalev washinjwaga ibyaha birimo iyicarubozo, gufunga binyuranyije n’amategeko kandi uko yishakiye, gukangisha abantu urupfu no gushaka kwica abahoze ari imfungwa, abatavuga rumwe na Joseph Kabila, yavuye mu gihugu mu 2021.
Uyu wafatwaga nk’imwe mu nkingi za mwamba z’icyahoze ari ubutegetsi bwa Joseph Kabila, yagombaga kwitaba urukiko ngo yiregure ku byaha byavuzwe haruguru. Ibyaha yaba yarakoze igihe yari ayoboye ANR.
Uwahoze ari umuyobozi mukuru wa ANR kuva mu 2011 kugeza mu 2019, yasubiye i Kinshasa nyuma y’umwaka urenga yihishe mu bihugu byinshi birimo Zimbabwe, Afurika y’Epfo, Togo ndetse na Congo-Brazzaville. Kugaruka kwe kwabanjirijwe n’imishyikirano, nk’uko amakuru menshi aturuka mu begereye iyi dosiye avuga.
Iki cyemezo cy’urukiko ngo kije nyuma y’uko uyu wahoze ari umuntu utikinyitse ku butegetsi bwa Joseph Kabila kandi wahoze akuriye iperereza, asubiye mu gihugu, agafata ingamba zo kuganira n’abo yahohoteye kugira ngo bamubabarire. Umwe muri bo, ni Jean Bertrand Ewanga, wamuhaye imbabazi maze akuramo ikirego cye.
Ku itariki ya 20 Gicurasi 2021, Urukiko Rwisumbuye rwa Kinshasa / Gombe rwari rwatangaje ko rudafite ububasha bwo gucira urubanza uwahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (ANR) rwerekana ko yari umuyobozi mukuru mu buyobozi bwa Leta mu gihe cy’ibyabaye.
Muri Mutarama, Akanama k’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi na ko kafashe icyemezo cyo kuvana Kalev Mutond ku rutonde rw’Abanyekongo bafatiwe ibihano kubera uruhare bashinjwa kugira mu ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu n’uruhare rwabo mu kubangamira inzira y’amatora yo mu 2018. Ibi bihano bya E.U ku bantu ku giti cyabo byafashwe bwa mbere n’aka kanama mu 2016.



