IMG-20251217-WA0022

Rurageretse hagati ya RDC na Nigeria

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yasubije ku makuru avuga ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Nigeria (NFF) ryatanze ikirego muri FIFA, rishinja RDC gukinisha abakinnyi batabyemerewe mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 yabereye muri Maroc.

Mu butumwa RDC yashyize ku rubuga rwayo rwa Instagram ku mugoroba wo ku wa Kabiri, Leopards yagaye Nigeria bayibwira ko idakwiye gushaka itike “inyuze mu gikari” nyuma yo gutsindwa kuri penaliti.

Bagize bati: “Niba mutabasha gutsinda mu kibuga, ntimugerageze gutsinda munyuze mu mayeri. Igikombe cy’Isi gikinwa mu cyubahiro n’icyizere, si mu mayeri y’abanyamategeko. Nimwitegure.”

Iri tangazo ryakurikiye irya NFF ko yatanze ikirego ku mugaragaro muri FIFA, ishinja RDC gukinisha abakinnyi icyenda bavuga ko batemerewe mu mukino wa nyuma wa CAF wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi wabaye ukwezi gushize, wahuje Leopards na Super Eagles.

Mu kiganiro yagiranye na ScoreNigeria, Umunyamabanga Mukuru wa NFF, Dr Mohammed Sanusi, yavuze ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya RDC ryayobeje FIFA ku byerekeye ubwenegihugu bw’abo bakinnyi.

Yagize ati: “Ikirego cya Nigeria kireba abakinnyi icyenda ba RDC. FIFA yabyemeye kubera ko atari inshingano zayo gusobanura cyangwa gushyira mu bikorwa amategeko y’imbere mu gihugu ku bijyanye n’ubwenegihugu.”

Sanusi yakomeje avuga ko amategeko ya RDC atemera ubwenegihugu bubiri, mu gihe abakinnyi bamwe bavuga ko bafite ubwenegihugu bubiri.

Yongeyeho ati: “Amategeko ya FIFA avuga ko iyo ufite pasiporo y’igihugu, uba wemerewe kugikinira; ni yo mpamvu bemerewe. Ariko ikibazo cyacu ni uko FIFA yayobejwe. Ntabwo ari inshingano ya FIFA gushyira mu bikorwa amategeko ya RDC; ikora hashingiwe ku byashyikirijwe. Icyo tuvuga ni uko inzira yakoreshejwe yari irimo uburiganya.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *