Ikipe ikomeye yo muri Kenya, Gor Mahia yamaze gutangaza ku mugaragaro abakinnyi bashya yaguze mu mpeshyi ishize, aho umwe muri bo ari rutahizamu ukomoka muri Uganda, Charles Bbaale wahoze akinira Rayon Sports yo mu Rwanda.
Binyuze ku mbuga nkoranyambaga za yo, cyane cyane kuri X (yahoze ari Twitter) Gor Mahia yagaragaje abakinnyi bashya batandatu yazanye kugira ngo bafashe iyi kipe ikomeje guhatanira igikombe cya shampiyona ya Kenya.
Bbaale wamenyekanye cyane muri Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri shampiyona ya Kenya aho yasinye amasezerano na Gor Mahia. Uyu mukinnyi yari umwe mu batanga icyizere muri Rayon Sports, akaba yari umwe mu basatira beza bafite ubunararibonye. Uyu Munya-Uganda aje gufasha Gor Mahia kongera imbaraga mu busatirizi cyane ko iyi kipe ifite intego yo kongera kwisubiza igikombe cya shampiyona.
Uretse Bbaale, abandi bakinnyi bashya baguzwe na Gor Mahia ni: Patrick Essembo, rutahizamu wavuye muri Sportive De Douala, Sydney Ogutu wakinaga muri Kibra United, Ben Stanley wakiniraga Kakamega Homeboys, Giscard Mavoungou umunyezamu wavuye muri Otoho, Kevin Mony wari umukinnyi wa All Stars.
Ikipe ya Gor Mahia iri ku mwanya wa kane muri shampiyona ya Kenya, ifite amanota 36 mu mikino 21 imaze gukina. Iyi kipe ifite izina rikomeye muri ruhago y’Afurika y’Iburasirazuba, ikaba ishaka kongera kwisubiza igikombe cya shampiyona nyuma yo kwigaragaza nk’imwe mu makipe afite ubukaka mu gihugu.
Nubwo imaze gutsinda imikino myinshi, Gor Mahia iracyahanganye n’amakipe akomeye muri Kenya, aho izakomeza kwiyubaka kugira ngo itware igikombe cya shampiyona no kwitwara neza mu marushanwa mpuzamahanga.
Kwiyongeraho kwa Bbaale na bagenzi be bizafasha iyi kipe gukomeza guhanganira ibikombe no kongera imbaraga mu mukino bayo. Abakunzi ba Gor Mahia biteze ko aba bakinnyi bashya bazatanga umusanzu ukomeye, by’umwihariko Charles Bbaale nk’umwe mu bakinnyi bitezweho gukora itandukaniro mu busatirizi bwa iyi kipe.




