Ministeri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 3 Mata 2020 yatangaje ko habonetse abandi barwayi ba Coronavirus 5, bose hamwe baba 89.
Aba barwayi bose uko ari 5 ni abatahuwe bahuye n’abagaragayeho Coronavirus.
Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenyetso bya Coronavirus bakigaragaza. Hanashakishijwe kandi abahuye n’abarwayi bagaragaye kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.
ABANYARWANDA N’ABATURARWANDA BARASABWA GUKOMEZA KUBAHIRIZA AMABWIRIZA YO GUKUMIRA IKWIRAKWIRA RYA CORONAVIRUS, BAKARABA INTOKI KENSHI KANDI NEZA, BAHANA INTERA BYIBUZE YA METERO IMWE NDETSE BANIRINDA GUKORA INGENDO ZITARI NGOMBWA, BAGUMA MU NGO IWABO.
IBIMENYETSO BY’INGENZI BYA CORONAVIRUS NI INKORORA, GUHUMEKA BIGORANYE N’UMURIRO. UWABIGARAGAZA YAHAMAGARA UMURONGO UTISHYURWA WA 114, AGAHABWA UBUFASHA CYANGWA AKITABAZA UMUJYANAMA W’UBUZIMA UMWEGEREYE.






2 Responses
Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 89
Niba bose bari mukato yaba ari amahirwe, twizere ko bazakira vuba.
Rwanda: Abarwayi ba Coronavirus bamaze kuba 89
Niba bose bari mukato yaba ari amahirwe, twizere ko bazakira vuba.