Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir yatangaje ko yahagaritse by’agateganyo ingendo zayo zari zerekeza cyangwa ziva muri Qatar ndetse no muri Dubai, kuva tariki ya 23 kugeza kuya 24 Kamena 2025.
Iri tangazo ryasohowe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, risobanura ko iki cyemezo cyatewe n’umutekano muke uri mu karere, cyane cyane nyuma y’ifungwa ry’ikirere cya Qatar mu rwego rwo kwirinda ingaruka z’ibibazo bikomeje kuhagaragara.
RwandAir yavuze ko iki gikorwa kigamije kurinda abagenzi n’abakozi bayo, isaba abakiliya bayo kwihanganira izi mpinduka, inizeza ko iri gukurikirana umutekano wo muri ako gace kandi izatangaza igihe ingendo zizongera gusubukurwa.
Ibi bitangajwe nyuma y’amasaha make Qatar itangaje ko yafunze ikirere cyayo kubera ubwoba bw’ibitero bya Iran.





