Umujyi wa Sake, uri ku birometero 24 uvuye i Goma, uherereye muri Gurupoma ya Kamuronza, Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kuri uyu wa Kabiri ushize habereye umukwabu ukaze ndetse n’igikorwa cyo gushakisha cyakozwe neza n’inzego z’umutekano z’Ihuriro rya AFC-M23.
Guhera saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo, iki gikorwa cyakorewe ahantu hatandukanye, nk’ahazwi nka Mosquée , Birere 1, Birere 2, Virunga, na Ndoolero, hagamijwe kumenya no guhagarika abakekwaho kugira uruhare mu guhungabanya umutekano. Bitewe n’ubunyamwuga nk’uko bigaragara ku rukuta rwa AFC/M23-Twirwaneho kuri X, abantu bagera kuri 900 baragenzuwe muri iki gikorwa.
Nyuma y’ubugenzuzi bukomeye, abantu bagera kuri makumyabiri bakekwaho kuba mu dutsiko duhungabanya umutekano duterwa inkunga na Kinshasa barafashwe bajyanwa i Goma kugira ngo bakorweho iperereza ryimbitse. Iki gikorwa kigaragaza ubushake budasubirwaho bwa AFC / M23 mu gusukura umujyi no kubungabunga umutekano w’abaturage baho, bikaba ari intambwe ifatika mu guturisha akarere.
Kuva Sake yafatwa muri Mutarama 2025, AFC-M23 yongereye ingufu mu gushimangira umutekano muri uyu mujyi, wahoze urangwamo ingabo nyinshi zitandukanye ndetse no gukwirakwiza intwaro bidasanzwe kwa guverinoma ya Kinshasa.
Ngo ubuyobozi bwahagenzuraga bwakwirakwije intwaro mu rubyiruko rwinshi, ingaruka ziba ihungabana ry’umutekano. Uyu munsi, AFC-M23 iri gukora ibishoboka ngo ikure izo ntwaro mu maboko y’abasivili, umuhate umaze kwera imbuto no guha ibyiringiro abatuye Sake.
Ibikorwa bisanzwe, nk’ibyakozwe mu byumweru bibiri bishize mu gace ka Mahyutsa 1, byerekana icyemezo cya AFC-M23 cyo gushyiraho ikirere cy’icyizere n’umutekano. Ku ruhande rwayo, ngo guverinoma ya Kinshasa, aho gushyigikira uwo muhate, ikomeje gutera inkunga udutsiko tugamije kubangamira imirimo ya AFC-M23.




