b25l1sm0758

Senegal yagaragaje impungenge zikomeye mbere ya Final ya AFCON 2025

Ikipe y’igihugu ya Senegal yagaragaje impungenge zikomeye ku myiteguro ya Final y’Igikombe cya Afurika cya 2025 (AFCON 2025), aho yagarutse ku bibazo by’umutekano, amacumbi, imyitozo n’itangwa ry’amatike.

Ibi byatangajwe mu itangazo rikakaye ryasohowe ku wa Gatandatu n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF), rivuga ko ryafashe icyemezo cyo kuvuga ku mugaragaro “mu rwego rwo gukorera mu mucyo no kurengera inyungu z’ikipe y’igihugu ya Senegal,” nyuma yo kubona ibitagenda neza mu myiteguro ya Final.

FSF yatangaje ko habaye ikibazo gikomeye cy’umutekano ubwo itsinda rya Senegal ryageraga kuri gare ya gariyamoshi ya Rabat muri Maroc. Yavuze ko hatari hateguwe umutekano uhagije, bigatuma abakinnyi n’abayobozi b’ikipe bagaragara mu kavuyo k’abantu benshi, ibintu bavuze ko bidakwiye ku irushanwa rikomeye nk’iri.

Ku bijyanye n’amacumbi, FSF yavuze ko byasabye kwandika ibaruwa y’akababaro kugira ngo haboneke hoteli yujuje ibisabwa. Yatangaje ko nyuma y’iyo myigaragambyo, ikipe yahawe hoteli y’inyenyeri eshanu, bityo abakinnyi bakabona aho baruhukira neza kandi bitegura umukino mu buryo bukwiye.

Ku myitozo, Senegal yatangaje ko yanze gukorera imyitozo yayo mu kigo cya Mohammed VI Complex, ivuga ko ari icyicaro gikuru cy’ikipe bazahangana nayo ku mukino wa nyuma. FSF yavuze ko ibi bishobora gutuma habaho kutaringaniza mu mukino no kurenganya Senegal ku ruhande rw’imyiteguro.

Yanongeyeho ko, kugeza igihe iryo tangazo ryatangarijwe, Senegal yari itaramenyeshwa ku mugaragaro aho izakorera imyitozo yayo ya nyuma.

Ku kibazo cy’amatike, FSF yavuze ko yahawe amatike abiri gusa yo mu cyiciro cya VVIP, ibintu yavuze ko bidahagije kandi bidahuye n’uko byagenze ku mikino ya ½. Nubwo Senegal yaguze amatike menshi yemerewe na CAF (300 yo mu cyiciro cya mbere, 850 mu cya kabiri na 1,700 mu cya gatatu), yavuze ko ayo matike yose hamwe adahagije ugereranyije n’abayakeneye.

Mu gusoza, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal ryasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) n’itsinda rishinzwe gutegura irushanwa gufata ingamba zihuse kandi zifatika zo kubahiriza amahame ya Fair Play, gutanga uburinganire ku makipe yose no kurinda umutekano w’abitabiriye Final, kugira ngo iri rushanwa rikomeye rya Afurika rigende neza.

Senegal iritegura gukina Final ya AFCON 2025 na Marco ishaka kongera gutwara igikombe cya Afurika nyuma yo gutsinda Misiri muri ½ cy’irangiza ku wa Gatatu w’icyumweru gishize.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *