Ingabo za Afurika Yunze Ubumwe zishinzwe kubungabunga amahoro muri Somalia ziratangaza ko abarwanyi b’umutwe wa Al Shabab bafite umugambi wo kwigira nk’ingabo z’uyu muryango bakagaba ibitero.
Izi ngabo za Afurika Yunze Ubumwe zibumbiye mu kiswe AMISOM, zivuga ko zifite amakuru y’uko abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab bafite imigambi yo kwambara imyenda y’izi ngabo za AMISOM kugirango bakore ubwicanyi bukabije mu duce dutandukanye twa Somalia tugenzurwa n’ingabo za Afurika Yunze Ubumwe n’iza leta ya Somalia nk’uko VOA dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Ikigamijwe n’aba barwanyi ba Al Shabab ngo kikaba ari ugutuma abaturage ba Somalia batera icyizere ingabo za AMISOM zimaze imyaka igera ku 9 zirinze leta y’iki gihugu.
Itangazo rya AMISOM ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatatu binyuze ku rubuga rwayo rwa twitter, rivuga ko Al Shabab ifite imyambaro ya gisirikare y’ingabo za Afurika Yunze Ubumwe yasahuye mu nkambi za AMISOM.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com




