Inzego z’umutekano za Sudani ku wa Kabiri zataye muri yombi umujenerali mukuru uherutse guhatirwa kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma y’imyaka irenga ibiri ashinjwa kuyobora umugambi wo guhirika ubutegetsi.
Maj. Gen. Abdel Baqi Bakrawi wahoze ari umuyobozi wungirije w’ingabo zikoresha ibifaru, yatawe muri yombi mu gitondo cya kare. Ifatwa rye ryaje nyuma y’iminsi ibiri gusa Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Sudani ziyoboye igihugu muri iki gihe, Abdel Fattah al-Burhan, amwohereje mu zabukuru we hamwe n’abandi basirikare benshi bagize uruhare mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi muri Nzeri 2021.
Amakuru agera kuri Sudani Tribune avuga ko undi musirikare witwa Khalid Ahmed Al-Mustafa na we yatawe muri yombi. Amakuru akomeza avuga ko aba bagabo bombi bajyanwe ahantu hatazwi kandi abayobozi ntacyo bataratangaza ku mugaragaro.
Bakrawi na bagenzi be bareganwa bari basanzwe barimo kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare kubera gushaka guhirika ubutegetsi, ariko urubanza rwahagaritswe igihe intambara hagati y’ingabo za leta na RSF yatangiraga muri Mata 2023.




