Kuri uyu wa Gatanu, itariki 05 Ukuboza 2024, inyeshyamba ziyobowe n’umutwe w’abayisilamu Hayat Tahrir al-Sham (HTS) zakomeje gutera imbere zijya mu Mujyi wa Homs rwagati muri Syria, nk’uko byatangajwe n’umuryango w’Abanyasiriya ukurikirana iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ufite icyicaro mu Bwongereza.
Uyu muryango wavuze ko inyeshyamba ubu zari ku birometero 5 gusa uvuye mu nkengero z’uyu mujyi w’ingenzi, uvamo ugana mu murwa mukuru, Damascus no mu majyaruguru.
Urugendo rwo mu majyepfo rw’inyeshyamba ruje nyuma yo kwigarurira Umujyi wa Aleppo mu majyaruguru na Hama rwagati mu gihugu mu mirwano ikomeye yatunguye ubutegetsi bwa Bashar Assad.
Umuyobozi wa HTS, Abu Mohammed al-Golani, yavuze ko intego y’icyo gitero ari uguhirika Assad nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga.
Mu kiganiro Golani yagiranye na televiziyo ya CNN yo muri Amerika, yagize ati: “Iyo tuvuze intego, intego ya revolisiyo ikomeje kuba guhirika ubu butegetsi. Ni uburenganzira bwacu gukoresha uburyo bwose bushoboka kugira ngo tugere kuri iyo ntego.”



