Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 8 Ugushyingo, Igipolisi cya Tanzaniya cyataye muri yombi undi muyobozi mukuru mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, CHADEMA, maze abayobozi bavuga amazina y’abandi icyenda bashakishwa kubera imyigaragambyo yakurikiye amatora yo mu cyumweru gishize.
Ishyaka CHADEMA na bamwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko abashinzwe umutekano bishe abantu barenga 1.000. Guverinoma yavuze ko iyo mibare ari ugukabya ariko ntiyatanga umubare w’abantu yemera bapfuye.
CHADEMA yavuze ko umunyamabanga mukuru wayo wungirije, Amani Golugwa, yatawe muri yombi na polisi. Polisi yavuze ko Golugwa hamwe n’abandi bantu icyenda bashakishwa mu rwego rw’iperereza ku mvururu zadutse mu matora, nyuma y’umunsi umwe ubushinjacyaha bushinje abantu 145 icyaha cyo kugambanira igihugu.
Polisi yagize iti: “Abapolisi, ku bufatanye n’izindi nzego za gisirikare n’umutekano, bakomeje umuhigo ukomeye wo gushaka abantu bose bateguye, bahuza kandi bagashyira mu bikorwa iki gikorwa kibi.”




