Tchad: Ukuriye ‘opozisiyo’ yishwe nyuma ya coup d’état yapfubye

Abanya-Tchad benshi barimo n’uwari ukuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, bishwe nyuma y’igitero cyagabwe ahakorera urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu i Ndjamena.

Byabaye ku wa Gatatu tariki ya 28 Gashyantare.

Guverinoma ya Tchad yashinje abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwayo kuba ari bo bari inyuma y’icyo gitero.

Minisitiri w’Itumanaho muri iki gihugu, Abderaman Koulamalla, yavuze ko kiriya gitero cyagabwe n’abagize ishyaka Parti Socialiste Sans Frontières ryari riyobowe na Yaya Dillo wari ukuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ibitangazamakuru by’i Ndjamena byatangaje ko uyu yamaze kwivuganwa n’Ingabo za Leta ya Tchad, n’ubwo leta ku ruhande rwayo ntacyo iratangaza kuri ayo makuru.

Ikinyamakuru Tchad one kiri mu byemeje amakuru y’iyicwa rya Dillo, ndetse kinemeza ko i Ndjamena ibintu byari byifashe nabi kuko ingabo za leta zari zigihiga abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Amafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana inyubako uriya munyapolitiki yakoreragamo yatobaguwe n’amasasu menshi.

Tchad One ku mugoroba wo ku wa Kabiri yatangaje ko urugo rwa Général Saleh Déby (uyu ni se wabo wa Général Mahamat Idriss Déby Itno uyoboye Tchad mu nzibacyuho) rwari rwagoswe n’igisirikare, ndetse amakuru avuga ko yanamaze gutabwa muri yombi mbere yo kujyanwa muri Perezidansi.

Mu ntangiriro z’uku kwezi ni bwo Général Saleh yari yinjiye mu ishyaka PSF nyuma yo kwitandukanya n’agatsiko ka gisirikare kayoboye Tchad.

Guverinoma y’iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika mu itangazo yasohoye yemeje ko ubushyamirane bwo ku wa Kabiri “bwaguyemo abasivile benshi”, gusa ivuga ko amakuru arambuye aza gutangwa nyuma.

Guverinoma ya Tchad kandi yashinje abatavuga rumwe n’ubutegetsi kugaba igitero ahakorera urwego rushinzwe ubutasi, nyuma y’uko umwe muri bo yari amaze gutabwa muri yombi akekwaho umugambi wo kwivugana Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga.

Amakuru avuga ko mu bishwe hanarimo abavandimwe b’uyu witwa Abakar Trabi.

Guverinoma ya Tchad yatangaje ko kuri ubu “ibintu byifashe neza” nyuma y’uko inzego zishinzwe umutekano zitabaye.

Iki gihugu cyabayemo igisa nko kugerageza Coup d’à‰tat, mu gihe giteganyijwemo amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Gicurasi na Kamena uyu mwaka.

Général Mahamat Idriss Déby Itno uyoboye iki gihugu kuva muri Mata 2021 asimbuye se, Maléchar Idriss Déby Itno warasiwe ku rugamba na Dillo wishwe byitezwe ko bari mu bagombaga kuzayahatamo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *