Umuhuza w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Faure Gnassingbé, akaba na Perezida wa Repubulika ya Togo, ku wa Gatandatu, itariki ya 17 Gicurasi, i Lomé, yagiranye ibiganiro n’akanama k’abahuza ba Afurika Yunze Ubumwe.
Nk’uko byatangajwe na Perezidansi ya Repubulika ya Togo, ibiganiro byibanze ku guhuza ibiganiro bisanzwe bya Nairobi na Luanda.

Abitabiriye inama bashimangiye ko ari ngombwa guhuza ibikorwa by’abunzi n’abafasha mu rwego rw’ubufatanye, basaba ko habaho ubufatanye bunoze bwa EAC, SADC, ndetse n’abafatanyabikorwa nka Qatar na Amerika.
Iyi nama iri mu rwego rwo kwimakaza amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, no gushimangira umubano mwiza hagati y’iki gihugu n’u Rwanda.

Hanyuma, abari muri iyi nama bishimiye ubushake buherutse kugaragazwa n’impande zirebwa n’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Akanama k’abahuza karimo abahoze ari abakuru b’ibihugu:
- Olusegun Obasanjo (Nigeria)
- Uhuru Kenyatta (Kenya)
- Mokgweetsi Masisi (Botswana)
- Catherine Samba-Panza (CAR)
- Sahle-Work Zewde (Ethiopia)




