Kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Ukwakira, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko ubu ashaka kwibanda ku Burusiya n’intambara yabwo muri Ukraine nyuma y’igihe yibanze ku kurangiza ikibazo cyo muri Gaza. Ese Trump ashobora kongera kubona intsinzi mu gushaka amahoro no guhagarika intambara yo muri Ukraine? Kyiv irabyizeye.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ateganya kwibanda ku guhagarika intambara y’u Burusiya na Ukraine, nyuma y’uko icyiciro cya mbere mu masezerano ye yo guhagarika imirwano muri Gaza cyarangiye.
Ku wa Mbere, Hamas yarekuye abanya Israel 20 bari bakiri bazima bari barafashwe na Hamas mu gihe Israel yarekuye Abanyapalestine bagera ku 2000 bari bafungiye muri gereza zayo. Ibi ni nyuma y’uko impande zombi zemeye guhagarika imirwano ku itariki ya 10 Ukwakira .
Ihagarikwa ry’imirwano kuri Ukraine hamwe n’intambwe zikurikira birashoboka ko bizaganirwaho mu nama izahuza Volodymyr Zelenskyy na Trump ku wa Gatanu i Washington, nk’uko byemejwe na Perezida wa Ukraine nk’uko tubikesha Euronews.
Ku wa Mbere, Zelenskyy yabwiye abanyamakuru ati: “Ndatekereza ko dukeneye kuganira ku ruhererekane rw’intambwe nshaka kuganiraho na Perezida (Trump)”.
Mu kiganiro yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko ya Israel kuwa Mbere, Trump yavuze ko imbaraga zo gushaka amahoro zitararangira kandi ubutaha ashaka ko u Burusiya burangiza intambara yabwo muri Ukraine.



