Donald Trump aravuga ko yiteze gutabwa muri yombi kuwa Kabiri kandi yasabye abamushyigikiye gutangiza imyigaragambyo karundura .
Icyakora umwunganizi we mu mategeko yavuze ko ntarwego rushinzwe kubahiriza amategeko rwigeze rutangaza ibi kandi ko uwahoze ari perezida ibi yabivuze ashingiye ku makuru yatangajwe mu bitangazamakuru.
Abashinjacyaha bamaze iminsi basuzuma ibirego bishoboka barega Trump. Amakuru akaba avuga ko bishobora kuba mu cyumweru gitaha.
Aramutse arezwe, rwaba ari urubanza rwa mbere rw’inshinjabyaha ruzanywemo uwahoze ari Perezida wa Amerika nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.
Iyi dosiye yibanze ku mafaranga avugwa ko yishyuwe mu izina rya Trump n’umwunganizi we mu mategeko ku mukinnyi wa filimi z’urukozasoni, Stormy Daniels, mbere y’amatora ya perezida ya 2016.
Ni imwe muri dosiye nyinshi uyu muherwe w’imyaka 76 arimo gukorerwaho iperereza, nubwo kugeza ubu nta kirego aregwa kandi ahakana amakosa muri buri dosiye.
Trump yiyemeje gukomeza kwiyamamaza kwe ngo azabe umukandida w’ishyaka ry’Abarepubulikani mu matora ya perezida yo mu 2024, nubwo hari ibyaha akekwaho.
Ingufu zashyizwe mu kumukoraho iperereza, nko mu manza ebyiri zo kumweguza, iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora yamushyize ku butegetsi, no gusaka urugo rwe rwa Mar-a-Lago, byagiye bituma arushaho gukundwa n’abamushyigikiye, bityo inyandiko y’ibindi birego ngo ishobora kugira ingaruka nk’izo.
Kugeza ubu ntiharamenyekana niba agiye kuregwa muri iki cyumweru ndetse n’ibyo ashobora kuregwa.
Ariko kuba uwahoze ari perezida yahanuye ko azafatwa, akanasaba ko habaho imyigaragambyo ikomeye, ngo ni urugendo rugana mu karere katazwi.
Donald Trump afite abayoboke b’indahemuka, kandi igitero cyo ku ya 6 Mutarama 2021 cyagabwe kuri Capitol n’abamushyigikiye nyuma yo kubahamgarira kenshi imyigaragambyo byagaragaje ko ibintu nk’ibyo bishobora kuvamo urugomo rukabije.



