skynews-iran-trump_7124830

Trump yaburiye abayobozi ba Iran nyuma ya Venezuela

Ku Cyumweru, itariki 4 Mutarama 2026, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yateye ubwoba Irani, ayiburira avuga ko ubwo butegetsi “buzakubitwa cyane” na Amerika niba abigaragambya bakomeje gupfa.

Trump yabwiye abanyamakuru bari mu kirere mu ndege ya Air Force One, ati: “Turabikurikiranira hafi. Niba batangiye kwica abantu nk’uko babigize mu bihe byashize, ndatekereza ko bazakubitwa cyane na Amerika.”

Ibi bibaye nyuma y’uko mu cyumweru gishize Trump yihanangirije Irani avuga ko “niyica abigaragambyaga mu mahoro,” Amerika izagira icyo ikora.

Bivugwa ko kuva kuwa Gatatu icumi mu bigaragambya bamaze kugwa mu myigaragambyo.

Ni iki cyateye imyigaragambyo muri Irani?

Imyigaragambyo muri Irani yadutse nyuma y’uko ifaranga ry’igihugu rikomeje kugwa bikabije kubera ibihano by’Umuryango w’Abibumbye, aho idolari 1 (€ 0.86) ubu rifite agaciro ka miliyoni 1.4 y’Ama rial.

Ibiciro by’ibiribwa bisanzwe nk’inyama n’umuceri byarazamutse cyane mu gihe Irani ihanganye n’izamuka ry’ibiciro ku gipimo cya 40%.

Ku ikubitiro imyigaragambyo yatangijwe iyobowe n’abacuruzi bo muri Tehran, yaje kwaguka ivamo gusaba impinduka zagutse kandi ikwira mu gihugu hose.

Trump yihanangirije Iran nyuma y’umunsi umwe agabye igitero i Calacas muri Venezuela agashimuta Perezida Nicolas Maduro n’umugore we bakajyanwa muri Amerika.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *