Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Nzeri 2025, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatanze ikirego cyo ashinja ikinyamakuru New York Times hamwe n’abanyamakuru bane b’ikinyamakuru kumusebya asaba miliyari 15 z’amadolari ya Amerika y’impozamarira, nyuma y’amezi macye areze n’ikinyamakuru Wall Street Journal.
Trump yavuze ko iki kinyamakuru ari “igikoresho” cy’ishyaka ry’Abademokarate (ic)” anagishinja “gukwirakwiza ibinyoma kandi bisebanya” kuri we, umuryango we ndetse n’ubucuruzi bwe.
Ikirego cyatanzwe muri Leta ya Floride iyobowe n’ishyaka rye ry’Abarepubulikani, kivuga inkuru nyinshi n’igitabo cyanditswe n’abanyamakuru babiri ba New York Times cyasohowe mbere y’amatora yo mu 2024.
Icyo kirego kigira kiti: “Ibirimo” ni bimwe mu bimaze imyaka ibarirwa muri za mirongo byakozwe na New York Times byo gusebanya nkana kandi bibi kuri Perezida Trump. ”
“Abaregwa batangaje ibyo bintu mu burangare, bazi ko ari ibinyoma, kandi / cyangwa batitaye ku kumenya niba ari ukuri cyangwa niba ari kubeshya.”
Ikinyamakuru New York Times nticyahise gisubiza icyifuzo cyo gutanga ibisobanuro nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ivuga.
Mu butumwa yanditse ku rubuga nkoranyambaga rwe bwite, Truth Social, Trump yavuze ko gushyigikira kw’iki kinyamakuru uwo bari bahanganye mu ishyaka ry’Abademokarate mu matora aheruka ya perezida, yandika ko “New York Times” yashyize Kamala Harris kuri page y’imbere mu nkuru imwamamaza cyamukozeho, ikintu kitigeze kibaho. ”
Bije nyuma y’iminsi mike iki kinyamakuru gisohoye inkuru kivuga ko cyakangishijwe gukurikiranwa mu mategeko na White House kubera gutangaza inkuru ku rwandiko Trump yaba yarandikiye umugabo washinjwe ibyaha byo gukoresha abana ubusambanyi, Jeffrey Epstein, benshi bemeza ko yari inshuti ya Trump ndetse bakoranye ayo mabi kimwe n’abandi banyacyubahiro batarajya ku mugaragaro.
Trump yahakanye ko ari we wanditse iyo nyandiko yarimo igishushanyo cy’urukozasoni ndetse n’umukono we mu gitabo ku isabukuru y’imyaka 50 ya Epstein.
Perezida wa Amerika yareze ibitangazamakuru bizwi cyane mu bihe byashize.
Muri Nyakanga, Trump yatangije ikirego ku kinyamakuru Wall Street Journal n’umuherwe ufite ibitangazamakuru binyuranye Rupert Murdoch nyuma y’uko ikinyamakuru gitangaje bwa mbere ibijyanye n’iyo nyandiko twavuze haruguru yitiriwe Trump.
Yareze kandi ABC News, umunyamakuru wa yo, George Stephanopoulos hamwe n’ikigo cy’itangazamakuru cyo muri Amerika, Paramount, kubera interview yahaye Kamala Harris mbere y’amatora.
Imanza zarangijwe mu bwumvikane yishyurwa miliyoni 15$ (€ 13.8m) na miliyoni 16$ (€ 14.7m).




