tiktok-logo-us-flag-pictured-886963296

Trump yasubije TikTok kuri Apple na Google App Store

Urubuga nkoranyambaga rwa TikTok rwongeye kuboneka kuri Apple na Google App Store, nyuma y’ukwezi rusibwe kubera itegeko rishya ry’umutekano ryatumye ruhagarikwa.

Urubuga rw’Abashinwa TikTok rukoreshwa cyane mu gusangiza amashusho magufi rwagize ibyago byo guhagarikwa burundu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera impungenge z’umutekano w’amakuru y’abarukoresha.

Ku wa 18 Mutarama, TikTok yakuwe mu maduka ya porogaramu zo muri Amerika, ibintu byababaje abantu miliyoni nyinshi barwifashishaga.

Nyuma y’uko Perezida mushya wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump atangiye manda ye ya kabiri, yahise ategeka ko ihagarikwa rya TikTok rihagarikwa by’agateganyo mu minsi 75 bikaba byatumye uru rubuga ruhita rugaruka ku isoko.

Itegeko ryo guhagarika uru rubuga ryafashwe mu rwego rwo kwirinda ko guverinoma y’u Bushinwa yaba ishobora gukoresha TikTok mu gukusanya amakuru y’Abanyamerika cyangwa mu kugerageza kuyobya ibitekerezo bya rubanda biciye mu miyoborere y’ibirimo bigaragazwa kuri uru rubuga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *