Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko agiye kongera kohereza ibitwaro byo kwirwanaho muri Ukraine, nyuma y’uko guverinoma ye yari iherutse guhagarika imwe mu nkunga ya gisirikare.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mbere y’umugoroba wo gusangira na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.
Trump yavuze ati: “Tugiye kongera kubaha ibikoresho. Bagomba kwirwanaho. Barimo kugabwaho ibitero bikomeye cyane.”
Ibi bije nyuma y’aho White House ivuze ko ihagarikwa ry’inkunga ryari rigamije gusuzuma neza uburyo ingengo y’imari ikoreshwa mu gufasha ibindi bihugu, hibandwa ku nyungu za Amerika.
Amerika yemeje ko mu cyerekezo gishya cya Trump, Ukraine igiye kongera kubona ibikoresho birimo intwaro zicunga ikirere mu rwego rwo kuyifasha kwirwanaho.




