G1gyUNTXcAAxnGJ

Tshisekedi aravuga ko atazateza cyamunara amabuye y’agaciro ya Congo kuri Amerika 

Kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Nzeri 2025, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yatangaje ko amasezerano y’amahoro yagizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyizweho umukono n’u Rwanda muri Kamena atigeze aturisha imirwano ibera mu burasirazuba bwa Congo, nubwo yashimiye Perezida Donald Trump kuba yaragerageje guhagarika amakimbirane.
Ku itariki ya 27 Kamena, abunzi ba Amerika bavuguruye amasezerano y’amahoro hagati ya Congo n’u Rwanda agamije guhagarika umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo irushinja gutera inkunga umutwe wa M23.

Ubuyobozi bwa Trump bwatangaje ko bushishikajwe no guhagarika imirwano bivugwa ko imaze guhitana ibihumbi muri uyu mwaka no kuzana amamiliyari y’amadolari y’ishoramari ry’abanyaburengerazuba mu karere gakungahaye ku mabuye y’agaciro arimo tantalum, zahabu, cobalt, umuringa, coltan na lithium. Igihe ntarengwa cyo gushyira mu bikorwa igice cy’ayo masezerano yahagarikiwe na Amerika ni muri uku kwezi.

N’ubwo ashyigikiye ubwunzi bwa Amerika, “ntibisobanura ko tuzateza cyamunara amabuye y’agaciro yacu”, nk’uko Tshisekedi yabwiye abanyamakuru i New York.

Ati: “Tuzaba, nk’abafite uruhare muri ubwo bufatanye, dukora mu rwego rwo guteza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, duteza imbere urwego rw’agaciro, duteza imbere ibikorwa remezo hibandwa cyane cyane ku ngufu”.

Tshisekedi yavuze ko igihugu cye cyasinyanye ubufatanye bw’ingenzi n’u Bushinwa. Ati: “Uyu munsi, turi kuganira ku bufatanye nk’ubwo na Amerika. Kandi turizera ko tuzabirangiza”. Ntabwo yatanze ibisobanuro birambuye ku bijyanye n’ubwo bufatanye.

 

Abayobozi ba Congo bavuga ko kugira icyo ayo masezerano azageraho gushingiye ku kuba u Rwanda ruzahagarika inkunga rutera M23, Kinshasa ishinja gukora amarorerwa mu burasirazuba. M23 ku ruhande rwayo yagiye kenshi itera utwatsi ibirego biyishinja kwibasira abasivili kandi u Rwanda kuva kera rwahakanye gufasha M23, kandi ingamba z’ubwirinzi rwafashe zigamije gukumira icyaruhungabanya cyaturuka muri Congo nk’uko byagenze ubwo Goma yafatwaga Ingabo za FARDC zikarasa mu Rwanda.

Muri Werurwe, Qatar yemeje ko yabashije guhuza bitunguranye Tshisekedi na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame,  aho abayobozi bombi basabye ko imirwano ihagarara. Ibyo byatumye habaho ibiganiro bitaziguye hagati ya Congo na M23, nubwo impande zombi zanze kongera guhura ku itariki ya 18 Kanama kugira ngo zisinyane amasezerano y’amahoro.

M23 ivuga ko ishaka ko imfungwa zirekurwa mbere y’uko ibiganiro bikomeza. Ariko umukozi wa leta ya congo wagize uruhare rutaziguye muri ibyo biganiro yatangarije Reuters ko imfungwa zishobora kurekurwa gusa ari uko amasezerano yashyizweho umukono.

Tshisekedi we yavuze ko hari itntambwe nziza imaze guterwa ku guhererekanya imfungwa gushoboka.

Ati: “Mu byukuri, dutegereje ko Croix-Rouge iduha uburenganzira bwo gutangira guhana imfungwa”.

Ku Cyumweru, itariki ya 21 Nzeri i New York, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yakiriye Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Amerika, Donald Trump, ku bibazo bya Afurika.

Mu gihe kirenga isaha, aba bagabo bombi baganiriye ku bufatanye hagati ya DRC na Amerika kandi bongera gushimangira icyifuzo cy’impande zombi cyo kugera kuri ubwo bufatanye mu gihe cya vuba; bikazana abashoramari b’Abanyamerika muri DRC.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *