20251025_123021

Tshisekedi yaba yamaze kwirukana burundu ba Jenerali barangajwe imbere na Tshiwewe muri FARDC 

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yamaze kwirukana burundu abasirikare batatu bo ku rwego rwa ba Jenerali mu ngabo z’igihugu cye.

Aba ni Gen. Christian Tshiwewe Songesa wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC (FARDC), Lt. Gen Franck Ntumba wahoze akuriye ibijyanye n’igisirikare muri Perezidansi na Général de Brigade Katende Batubadila Benjamin wahoze ari umuyobozi wungirije w’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda Tshisekedi.

Kuva muri Kanama uyu mwaka aba basirikare uko ari batatu bafunzwe bashinjwa gucura umugambi wo guhirika ku butegetsi Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

Ubuyobozi bw’umutwe ushinzwe kurinda Perezida wa RDC buheruka kubambura abasirikare bari bashinzwe kubacungira umutekano bubohereza ku Cyicaro Gikuru cy’Ingabo za FARDC, nyuma yo kubashinja “kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi buriho.”

Kuri ubu amakuru avuga ko Tshiwewe na bagenzi be bamaze kwirukanwa burundu mu gisirikare, bagirwa abasivile.

Amakuru kandi avuga ko aba bagabo mu minsi iri imbere bashobora kugezwa imbere y’ubutabera bakaburanishwa ku byaha bakekwaho, ndetse byitezwe ko mu gihe byaba bibahamye bashobora guhanishwa igihano cy’urupfu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *