Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Umuryango w’Abibumbye gushyigikira igihugu cye ukemeza ko cyabereyemo Jenoside.
Perezida wa RDC yabisabiye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.
Kinshasa imaze igihe ikora iyo bwabaga isaba amahanga ngo ayifashe kwemeza ko mu burasirazuba bwa Congo habereye Jenoside, n’ubwo nta rwego na rumwe mpuzamahanga rurabyemeza.
Tshisekedi mu ijambo yaraye avuze, yagarutse ku makimbirane y’abitwaje intwaro amaze imyaka ibarirwa muri 30 ari mu burasirazuba bwa RDC, avuga ko agamije ahanini gusahura umutungo kamere w’igihugu cye no gushyira mu kaga abaturage bo muri kiriya gice.
Ni amakimbirane yavuze ko amaze kwicirwamo “abantu babarirwa muri za miliyoni”, mu gihe ngo abagera kuri miliyoni 7 bavuye mu byabo.
Tshisekedi yavuze ko mu bigaragara ibibera mu burasirazuba bwa Congo atari amakimbirane gusa, ko ahubwo ari Jenoside.
Yagize ati: “Umuryango w’Abibumbye ubwawo biciye muri Mapping Report, wagaragaje uburemere bwa buriya bwicanyi. Biriya si amakimbirane gusa, ni Jenoside ikorwa bucece imaze imyaka 30 yibasira abaturage ba Congo.”
Uyu mugabo by’umwihariko yikomye umutwe wa AFC/M23 n’ingabo z’u Rwanda, agaragaza ko ari bo nyirabayazana y’ubwicanyi bwibasira abanye-Congo.
Yavuze ko nko mu kwezi gushize M23 ibifashijwemo n’ingabo z’u Rwanda biciye muri Teritwari ya Rutshuru abaturage barenga 300; nk’uko imiryango irimo Human Rights Watch yabitangaje, gusa ntiyagira icyo avuga ku mitwe wa FDLR na ADF imaze imyaka myinshi yica abanye-Congo.
Perezida Tshisekedi yasabye amahanga gushyigikira RDC akemeza ko mu gihugu cye habayemo Jenoside, ati: “Nimwemere Jenoside yakorewe abanye-Congo, mushyigikire urugamba rwacu rw’ukuri n’ubutabera; kandi mufashe kubaka amahoro arambye mu mutima wa Afurika.”
Tshisekedi akomeje gushyira igitutu ku mahanga ngo yemere ko muri RDC habayeho Jenoside, mu gihe Leta ye ifatanyije n’abarimo FDLR yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ingabo z’u Burundi bashinjwa kuba bakomeje gutegura umugambi wo kwica abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi.





One Response
ariko yabuze umuntu umena umutwe iyi nterahamwe kabombo?