Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi Tshilombo, yohereje intumwa z’abasirikare mu mujyi wa Kitshanga uherereye muri teritwari ya Masisi kugira ngo zigeze ubutumwa ku baturage baho.
Ofisiye wari uyoboye izi ngabo kuri uyu wa 10 Ukwakira 2023, yabwiye abatuye Kitshanga ati: “Mu gihe mbihanganisha, ndabagezaho ubutumwa bwa Papa wacu, Perezida wacu Félix Tshisekedi Tshilombo. Yabwiye Guverineri ko nitubageraho tubabwire mwihangane. Mwakire ubutumwa bwa Perezida wacu. Mwakire ihumure rya Guverineri wacu, Gen. Maj. Peter Cirimwami.”
Kitshanga yagenzurwaga n’umutwe witwaje intwaro wa M23 kuva tariki ya 7 Ukwakira kugeza ku ya 9 Ukwakira. Ni amakuru Umuvugizi wawo, Major Willy Ngoma yahamirije BWIZA, agira ati: “Leta yafashe Kitshanga.”
Ku ruhande rwa Leta ya RDC, uyu mujyi wafashwe n’abarwanyi bagize imitwe yitwaje intwaro yibumbiye mu ihuriro rya Wazalendo. Aba ni na bo bagaragaye mu mashusho kenshi bahifotoreza, kuva ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro bwa EAC zahatanga.



