Minisitiri w’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, aravuga ko, i Doha, Leta ya Kinshasa irimo kuganira ku kurangiza AFC/M23 uko iri ubu.
Mu kiganiro yahaye Radio na Televiziyo y’igihugu (RTNC) kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 4 Ugushyingo 2025, Muyaya yagize ati: ” Twebwe i Doha hariya turimo kuganira uburyo bwo kwica M23/AFC uko iteye ubungubu. N’ukuvuga ko badashobora gutekereza ko bashobora gukomeza kuba mu bice by’igihugu bigaruriye.”

Patrick Muyaya Katembwe kandi kuwa Gatatu ushize yari yatangaje ibi agaruka ku biganiro bya Doha. Ati: ” Haba i Washington cyangwa Doha, ntituzahungabana ku bibazo bijyanye n’ubusugire cyangwa imirimo y’ibanze ya Leta.”
Muyaya avuga ko ku ikubitiro hatangazwa itangazo ry’amahame, M23 yagombaga kurekera kubaho uko imeze ubu, noneho bigatuma leta yohereza uburyo yateganyije bwo guteza imbere igice cy’uburasirazuba bw’igihugu.
Yakomoje kandi ku irekurwa ry’imbohe rimaze igihe ritangajwe, ashimangira bizakorwa idosiye ku yindi ku bijyanye n’abagize AFC/M23 bafungiwe i Kinshasa, avuga ko na guverinoma yohereje urutonde rw’abasirikare bafashwe bugwate na M23 kuva Goma yafatwa bagomba kurekurwa.
Ibi bitangajwe mu gihe hateganyijwe muri iki cyumweru, ibiganiro hagati ya Leta ya Kinshasa na AFC/M23 i Doha, ariko impande zombi zikaba zikomeje gushinjanya kurenga ku gahenge.
Ibitangazwa na Guverinoma ya Congo bishobora kurushaho kubangamira inzira y’ibiganiro kurushaho ku ruhande rw’uyu mutwe w’inyeshyamba umaze ibyumweru byinshi ushinja leta kurangwa n’imvugo n’ibikorwa bigaragaza ko idakeneye amahoro ahubwo ikeneye intambara no kubangamira inzira y’amahoro.
Uyu mutwe umaze iminsi ushinja leta ibirego byinshi muri uru rwego, ukavuga ko ukomeje kotswa igitutu gikomeye n’Igisirikare cya Kongo (FARDC) n’abafatanyabikorwa bacyo ku mirongo yose y’imbere ku rugamba, ukavuga ko nawo witeguye kwirwanaho no kwivuna umwanzi.




