Mu nama y’abadepite bagize umuryango wa furika y’Uburasirazuba izamara icyumweru yateraniye muri Tanzaniya kuri uyu wa mbere yiga ku kibazo cy’umutekano muke mu gihugu cy’u Burundi, yasabye ko abadepite bahagarariye Leta y’u Burundi muri EALA bahezwa mu biganiro bisaba ko u Burundi bwirukanwa muri EAC.
Ishyirahamwe ry’abunganizi mu mategeko rya EAC (PALU) ndetse n’ihuriro rya societe civile mu muryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EACSOF) basabye inteko ya EALA gusaba abakuru b’ibihugu bigize za leta za EAC gusinya ku cyemezo kirukana burundu igihugu cy’u Burundi mu muryango wa EAC bitewe n’uko Perezida Nkurunziza yiyongeje manda ya gatatu bitemewe n’amategeko.
Iyi miryango ivuga ko abakuru ba za Leta zgize EAC baramutse bemeye ubu busabe bwabo byatuma u Burundi bwirukanwa burundu mu muryango wa Afurika y’u Burasirazuba no mu muryango wa Afurika yunze ubumwe AU.
Abategetsi ba leta za EAC bategerejweho gutanga igisubizo cyabo cyemeza niba u Burundi buzaguma muri EAC na AU cyangwa kwirukanwa muri iyo miryango yombi mu nama izabahuza ku itariki ya 29 Gashyantare2016.
Ku rundi ruhande komite ishinzwe gukemura amakimbirane muri yatumiye abategetsi b’u Burundi kwitaba iyi komite.
Ikinyamakuru The Eastafrica kivuga ko Perezida w’iyi Komite ya RACR Abdullah Mwinyi yatumije abategetsi b’u Burundi bakaba baremeye ubu butumire kuko bazitaba iyi komite kuri uyu wa mbere tariki ya 25 Mutarama 2016.
Abategetsi b’u Burundi bazitaba iyi nteko barimo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Alain Nyamitwe, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alain Guillaume Bunyoni, Minisitiri muri Perezidansi ushinzwe ubutwererane mu muryango wa EAC Leontine Nzeyimana na Gelase Ndabirabe umuvugizi w’ishyaka CNDD — FDD.
Raporo y’iyi komite iteganyijwe koherezwa mu nteko y’abadepite ba EALA ku itariki ya 29 Mutarama 2016 i Arusha muri Tanzaniya. Iyi nteko iramutse iyemeje nayo yahita ishyikirizwa inama y’abakuru b’ibihugu ari nabo bagomba kuyemeza cyangwa kuyihakana.
Aba bategetsi bakuru baramutse babyemeye byatuma u Burundi bwirukanwa burundu muri EAC na AU
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com



