Abayobozi ba Moscou bavuze ko ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere bw’u Burusiya bwarashe indege zitagira abapilote zirenga 100 za Ukraine kuri iki Cyumweru, itariki 20 Ukwakira 2024.
Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko indege zitagira abapilote 110 zasenywe mu gitero cyaraye kigabwe mu turere turindwi tw’u Burusiya.
Inyinshi muri izi drone zibasiye akarere ko ku mupaka k’u Burusiya ka Kursk, aho bivugwa ko indege zitagira abadereva 43 zarasiwe nk’uko bitangazwa na Euronews.
Amashusho ku mbuga nkoranyambaga yagaragaye yerekana ubwirinzi bw’u Burusiya mu kazi hejuru y’Umujyi wa Dzerzhinsk mu Karere ka Nizhny Novgorod, hafi y’uruganda rukora ibisasu.
Kuri iki Cyumweru, Guverineri Gleb Nikitin yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko abarwanyi bane bakomeretse bahanganye n’igitero cy’indege zitagira abapilote ku karere ka Dzerzhinsk, ariko ntiyatanga ibisobanuro birambuye.
Ibitero nk’ibi byo mu kirere ntibikunze kugaragara cyane mu Burusiya nyuma y’imyaka ibiri n’igice nyuma y’uko Moscou igabye igitero simusiga muri Ukraine muri Gashyantare 2022.



