U Burusiya bwakatiye igifungo cya burundu abasirikare bishe umuryango wose muri Ukraine

Urukiko rwo mu Burusiya kuwa Gatanu rwakatiye abasirikare babiri babwo igifungo cya burundu nyuma yo kubahamya kwica umuryango w’abantu icyenda mu karere bwigaruriye muri Ukraine .

Umuryango wose wa Kapkanets wiciwe mu rugo rwawo mu karere ka Donetsk, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Ukraine, mu mwaka ushize, wicwa na Anton Sopov, w’imyaka 21, na Stanislav Rau, w’imyaka 28, nkuko abashinjacyaha babivuze. Mu bishwe hari harimo abana babiri.

Bivugwa ko uwo muryango wari uri mu birori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko, nkuko Umuvunyi wa Ukraine, Dmytro Lubinets, yabitangaje umunsi umwe nyuma y’ubwo bwicanyi.

Ntibizwi niba abo basirikare baremeye icyaha, kuko urubanza rwabereye mu muhezo kubera ibanga rya gisirikare, nkuko ibitangazamakuru byo mu Burusiya byabitangaje.

Urukiko rwahamije Sopov na Rau kwica Eduard Kapkanets wari ufite imyaka 53, umugore we Tatiana, abahungu babo bakuru n’abagore babo, umwuzukuru wabo w’umukobwa w’imyaka icyenda, umwuzukuru wabo w’umuhungu w’imyaka ine n’undi mwenewabo bafitanye isano ya kure.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *