Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa (Transperency International) yatangaje ko u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’u Burasirazuba no ku mwanya wa kane muri Afurika yose mu kurwanya ruswa.
Muri raporo y’umwaka wa 2015 y’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe kurwanya ruswa (Transparency International), u Rwanda rwaje ku mwanya wa kane muri Afurika, no ku mwanya wa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba.
Uyu muryango wakoze ubu bushakashatsi mu bihugu 167 hirya no hino ku isi.
Igihugu cya Denmark cyaje ku mwanya wa mbere mu kugaragaramo ruswa nke aho gifite amanota 91%, Finland iba iya kabiri n’amanota 90% naho Suwede iba iya gatatu n’amanota 89%.
Muri Afurika, Botswana iraza imbere n’amanota 63% ikaba no ku mwanya wa 28 ku isi, u Rwanda ni urwa kane n’amanota 54% no ku mwanya wa 44 ku isi, Mauritius ikaba iya gatatu.
Aya ni yo manota meza u Rwanda rugize mu myaka itatu ishize, kuko mu mwaka wa 2014 rwagize amanota 49%, mu mwaka wa 2013 rugira amanota 53% no mwaka wa 2012 rugira ayo manota.
Muri Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda rukurikirwa na Tanzania iri ku mwanya wa 117 ku isi n’amanota 30%, Kenya ku mwanya wa 139 n’amanota 25%, Uganda ku mwanya 139 n’amanota 25%, naho u Burundi buza ku mwanya wa 150 n’amanota 21%.
Somalia iraza ku mwanya wa nyuma muri ibi bihugu byakorewemo ubu bushakashatsi n’amanota 8% gusa.
Mu bindi bihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari, Repubulika Iharanira demokarasi ya Kongo iri ku mwanya wa 147 n’amanota 22%.
Umuyobozi wa Transparency International ku isi Jose Ugaz, avuga ko ruswa ishobora kurwanywa abantu bose bashyize hamwe, bigakorwa kuko habaho gukoresha nabi ububasha, abaturage na bo bagasabwa kubwira ibihugu byabo ko barambiwe ruswa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com



