HAUcaNsW4AAeFEh

U Rwanda ntirwahiriwe n’umunsi wa mbere muri UAE SWAT Challenge 2026

Amarushanwa ya UAE SWAT Challenge aba ku nshuro ya 7 yatangiye ku mugaragaro kuri uyu wa Gatandatu, itariki 7 Gashyantare, mu Mujyi wa Al Ruwayyah, i Dubai, aho amakipe 2 yo muri Kazakhstan yegukanye umwanya wa mbere muri Assault Challenge, irushanwa ritangiza amarushanwa. Amarushanwa azasozwa ku itariki 11 Gashyantare 2026.

Amakipe atatu y’indashyikirwa yaturutse mu Gipolisi cy’u Rwanda n’Igisirikare cy’u Rwanda yatanze byose ashoboye muri Assault Challenge ku munsi wa mbere wa UAE SWAT Challenge ariko nta n’imwe yaje mu myanya itatu ya mbere.

Ikipe ya Kazakhstan C yegukanye umwanya wa mbere, ikoresheje 00: 01: 28.32 ibona amanota 109. Kazakhstan D yakurikiyeho ku mwanya wa kabiri ikoresheje 00: 01: 30.72 ibona amanota 108, mu gihe ikipe ya Malakhit Team One yo mu Burusiya yaje ku mwanya wa gatatu, ikoresheje 00: 01: 35.98 igira amanota 107.

Mbere y’uko amarushanwa atangira, Lt. Col. George Rumanzi, Komiseri ushinzwe ibikorwa n’umutekano rusange muri Polisi y’u Rwanda akaba n’umuyobozi w’ikipe y’u Rwanda iri kurushanwa, yagaragaje kuzamuka kugaragara haba mu mubare n’imbaraga z’amakipe yitabiriye. Yagaragaje ko ubwiyongere bw’abitabira bwahuje n’izamuka ry’imikorere, aho amakipe yagiye akora ibirenze ibyo yakoze buri uko umwaka utashye.

Rumanzi, ikipe ye yabonye imidari ya zahabu mu irushanwa ryo kurenga imbogamizi (Obstacle Challenge) ku nshuro ya gatanu n’iya gatandatu y’iri rushanwa, yavuze ko u Rwanda rufite intego yo gutanga umusaruro muri uyu mwaka, cyane cyane muri iki cyiciro cya (Obstacle Challenge).

UAE SWAT Challenge yigaragaje cyane nk’urubuga mpuzamahanga ruhuza ingabo n’abapolisi badasanzwe baturutse hirya no hino ku Isi.

Abayobozi b’amakipe yitabiriye bemeje ko aya marushanwa agira uruhare rukomeye mu kubategurira guhora biteguye binyuze mu kongererwa imbaraga mu myitozo ngororamubiri no mu mutwe, guteza imbere gukorera hamwe kandi ku gitutu, no kugaragaza bimwe mu bintu abapolisi bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi.

Bashimye kandi iterambere rikomeje muri UAE SWAT Challenge ku rwego rw’imitegurire, imikorere, ndetse n’ubuyobozi, bavuga ko kuba izina ryayo rigenda rimenyekana ku rwego mpuzamahanga byagize uruhare runini mu gutuma imitwe kabuhariwe ya polisi yerekezayo ishaka guhatana, kungurana ubumenyi, no kuzamura imikorere.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *