1755165725460

U Rwanda rwihanganishije Ubwami bwa Asante muri Ghana nyuma y’urupfu rw’Umwamikazi

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yifatanyije n’abaturage b’Ubwami bwa Asante, nyuma y’urupfu rwa Nana Konadu Yiadom III, Umwamikazi w’Ubwami bwa Asante muri Ghana.

Nana Ama Konadu Yiadom III, wari Umwamikazi wa 14 w’Ubwami bwa Asante, yitabye Imana ku itariki ya 7 Kanama 2025 afite imyaka 98 y’amavuko.

Mu butumwa bwashyizwe kuri X (yahoze ari Twitter) bwagiraga ati: “Tuboneyeho kwihanganisha Umwami Otumfuo Osei Tutu II, Inama Nkuru y’Ubwami bwa Asante n’abaturage bose ba Asanteman ku rupfu rwa Nana Konadu Yiadom III, Umwamikazi w’Ubwami bwa Asante.”

Ku itariki ya 12 Kanama, Ingoro y’Ubwami ya Manhyia yatangaje ko guhera ku wa 21 Kanama hazahagarikwa imihango yose yo gushyingura mu gihugu hose, hagashyirwaho icyumweru cyihariye cyo kwibuka no kwizihiza ubuzima bw’Umwamikazi.

Nana Konadu Yiadom III yari azwi ku izina ry’icyubahiro rya Asantehemaa. Yavutse mu mwaka wa 1927, aba Umwamikazi wa 14 w’Ubwami bwa Asante. Yari mushiki mukuru w’Umwami w’ubu, Otumfuo Nana Osei Tutu II, akaba yarasimbuye nyina, Nana Afia Kobi Serwaa Ampem II, mu mwaka wa 2017.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *