Ubu ni ubutumwa bivugwa ko yanditse mbere y'uko yiyahura

Mbere y’uko Hatangimana Scolalistique asimbuka igorofa rya kane ry’inyubako yo kwa Makuza, M-Plaza, yabanje kwandika ubutumwa yageneye umukunzi we, umuryango ndetse n’inshuti bukubiye ku dupapuro dutanu.

Impamvu nyamukuru yatumye Hatangimana yiyahura nk’uko bigaragara ku gapapuro ka mbere, ni iy’uko umukunzi we, Kubwimana yakinishije umutima we. Amakuru avuga ko uyu musore yamwanze.

Hari izindi mpamvu nko kuba mu muryango wararanzwe n’urwango ndetse na nyirasenge avuga ko yamubereye umubyeyi gito.

Uyu mukobwa w’imyaka 25 y’amavuko yaboneyeho gushimira abantu barindwi bamugiriye neza, abasabira Imana kubitura.

Ubutumwa bwa Hatangimana bukubiye ku dupapuro dutanu
Hatangimana yiyahuye mu masaha y’igitondo kuri uyu wa 6 Nzeri ariko Imana ntiyakunda ko apfa

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *