0c3271d0-692e-11f0-89f9-2557e37258a0.jpg

Ubuhinde bwataye muri yombi umugabo umaze imyaka 8 yiyita Ambasaderi w’ ibihugu bitabaho

Polisi yo mu gihugu cy’ Ubuhinde yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w’ imyaka 47 wari umaze imyaka 8 akora akazi nka Amabsediri w’ ibihugu bitabaho ku Isi akabikoresha mu gushuka abantu no kubacucura utwabo.

Inzu nziza ishinzeho ibendera ry’igihugu, imodoka z’agaciro zifite ‘plaque’ z’abadipolomate, amafoto macurano manini ari kumwe na Minisitiri w’intebe w’Ubuhinde, byari bihagije kwemeza abantu ko uyu mugabo ari ambasaderi w’ibihugu bitabaho.

Polisi yo mu gace ka Ghaziabad hanze hato y’umurwa mukuru Delhi ivuga ko uyu mugabo w’imyaka 47 yashutse abantu akabatwara amafaranga ababwira ko ahagarariye mu Buhinde ibihugu bya “Seborga”, “Westarctica” na “Poulbia Lodonia”, akabizeza akazi mu mahanga.

Uyu mugabo yizezaga abantu batabashaga gutahura ko ibyo bihugu bitabaho ko azabashakira akazi cyangwa visa z’ibihugu bindi by’inshuti y’ibi yari ahagarariye i New Delhi.

Ibi we yita ibihugu, ni uduce duto turi mu bice bitandukanye by’isi ubwatwo twifata nk’ibihugu ariko ni uduce tutemewe n’igihugu na kimwe cyangwa urwego runaka ku isi nk’ibihugu byigenga.

Polisi ivuga ko uyu mugabo yatangiye kwiyita ambasaderi  kuva muri 2017 ubwo yavugaga ko ahagarariye igihugu cya Westarctica, agahera aho yagura ibikorwa bye.

Agace ka Westarctica kasohoye itangazo kavuga ko uwo mugabo wafashwe kamuzi kandi kuva mu 2016 nyuma y’uko agahaye impano kamuhaye izina rya “Honorary Consul to India” ariko ko katigeze kamuha umwanya n’ububasha bwa ‘ambasaderi’.

Uwo mugabo wafashwe yakoreraga mu nzu yo guturamo yakodeshaga afite n’imodoka z’agaciro zifite Pulaki mpimbano zihabwa imodoka z’abahagarariye ibihugu byabo mu Buhinde.

Mu nzu ye polisi ivuga ko yahafatiye miliyoni 4.5 z’amarupiya akoreshwa mu Buhinde (agera ku 52,000$) n’andi mafaranga yo mu muhanga.

Imbere muri iyo nyubako polisi yahasanze amafoto macurano y’uyu mugabo asa n’aho ari kumwe na bamwe mu bategetsi b’ibihugu bizwi ku isi, pasiporo mpimbano na kashe ncurano za Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubuhinde n’ibiro by’abinjira n’abasohoka byaho.

Uyu mugabo akekwaho kandi gukora iyezandonke ry’amafaranga yabonetse mu nzira mbi, agakoresha kompanyi ziri mu bindi bihugu muri icyo cyaha.

We ubwe ntacyo aratangaza ku mugaragaro ku byaha aregwa, Ikinyamakuru India Today kivuga ko uyu mugabo yavukiye mu muryango ukize kandi yize ubucuruzi mu Buhinde n’i London mu Bwongereza.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *