Ku nshuro ya mbere, ubujurire ku ruhare rw’abategetsi b’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda buri mu maboko y’ubutabera. Urubuga rwa Afrique XXI rwabihishuye kuri uyu wa gatatu, itariki ya 11 Ukwakira ruvuga ko: muri Mata 2023, abahohotewe n’amashyirahamwe abiri batanze ubujurire mu rukiko rw’ubuyobozi rwa Paris.
Kugeza ubu, abahohotewe bari bitabaje ubutabera mpanabyaha kandi urubanza rwa nyuma rwashyiraga mu majwi abasirikare bari bagize Operation Turquoise mu bwicanyi bwa Bisesero byarangiye rutabaye. Kuri iyi nshuro, Leta y’u Bufaransa niyo yibasiwe ishinjwa ibitaragenze neza mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahitanye abasaga miliyoni.
Muri iki kirego imbere y’urukiko nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga, serivisi z’igihugu cy’u Bufaransa ziregwa nka systeme, mu bintu bimwe na bimwe usanga abahohotewe bafata nk’icyasha mu by’amategeko, bavuga ko ari, “imyitwarire idahwitse” n ‘amakosa akomeye ya serivisi’. Nk’urugero, kuba u Bufaransa butarigeze buhagarika amasezerano y’ubufasha bwa gisirikare ku butegetsi bwariho igihe bwakoraga itsembabwoko. Amakosa nk’uko bivugwa na Philippe Raphaà«l, uhagarariye abareze, yatumye ubwicanyi bwo mu Bisesero bubaho.
“Incamake ya intervention yose y’Abafaransa”
Ati: “Bisesero, ni incamake ya intervention yose y’Abafaransa. Ikigaragara ni uko ku rwego rwo hejuru rwa état-major, twatekereje ko ahanini jenoside yabaye ikintu cya kabiri, ugereranije no gusoma kwari ugusoma ubwoko “ni amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda binyuze kuri FPR, … itari ikindi usibye igikoresho cy’ubutegetsi bwa Uganda. Kandi ibyo bigize ikosa ryagaragaye ryo kwishimirwa. Kandi iri kosa rigaragara ryo gusuzuma ni imbuto kuko rizaganisha ku makosa akomeye, ahoraho kandi yatunganijwe. »
Urukiko rugomba kwakira kwiregura kw’urundi ruhande, ni ukuvuga Ubunyamabanga Bukuru bwa Guverinoma. Hatitawe ku mubyimba w’amadosiye, abatanze ikirego bizeye ko abacamanza bazashyira mu gaciro kandi biteguye no kugera mu Nama ya Leta.



