Abayobozi b’Abarusiya basuye Niger kugira ngo bashimangire umubano wa gisirikare.
Uru nirwo ruzinduko rwa mbere rw’umunyamuryango wa guverinoma y’Uburusiya muri iki gihugu kuva ku ya 26 Nyakanga hahirikwa ubutegetsi bwa perezida Bazoum.
Iri hirikwa ryahungabanije umubano w’ububanyi n’amahanga hagati ya Niger n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga by’umwihariko Ubufaransa.Ingabo z’iki gihugu zarahambirijwe.
Izi ntumwa ziyobowe na Minisitiri w’ingabo wungirije w’Uburusiya, Colonel-Jenerali Yunus-Bek Yevkurov, zakiriwe ku wa mbere n’umuyobozi w’ingabo z’igihugu cya Niger, Jenerali Abdourahamane Tiani ari nawe uri kubuyobozi bw’inzibacyuho.
Abayobozi ba Niger bagaragaje ko iyi nama irangiye, impande zombi zikomeje “gushyira umukono ku nyandiko mu rwego rwo gushimangira ubufatanye bwa gisirikare hagati ya Repubulika ya Niger n’Uburusiya”.
Dipolomasi y’Uburusiya isanga ihagaze neza muri Niger kugeza ubu, aho ngo imikoranire ikomeje kuzamuka cyane ugereranyije ‘ibindi bihugu.




One Response
Uburusiya bwemeye kubakira Niger igisirikare gikomeye
Bwiza.com rwose turabakunda kdi turabakurikira ariko musigaye mufite ubunebwe mu kwandika inkuru isobanutse,mukoresha google translate ikabivanga-vanga usoma akayoberwa iyo biva n’iyo bijya.mwikosore