screenshot-2025-12-02-113817_1200_800

Ubushinjacyaha bwa Honduras buri gushakisha uwahoze ari perezida wahawe imbabazi na Trump

Umushinjacyaha mukuru wa Honduras, Johel Zelaya, yasabye ubufasha bwa Interpol anategeka abayobozi b’igihugu gushyira mu bikorwa icyemezo cyo guta muri yombi uwahoze ari Perezida Juan Orlando Hernandez.

Mu cyumweru gishize, Hernandez yavuye muri gereza yo muri Amerika nyuma yo kubabarirwa na Perezida Donald Trump. Ubusanzwe yari yakatiwe imyaka 45 y’igifungo kubera uruhare yagize mu kwinjiza toni za cocaine muri Amerika.

Zelaya yavuze ko ubushinjacyaha bwa Honduras butegetswe kugira icyo bukora nyuma y’imbabazi kugira ngo ubutabera bwubahirizwe.

Nk’uko icyemezo cyo kumuta muri yombi kivuga, Hernandez akwiye gufungirwa muri Honduras niba abayobozi ba Amerika baramuretse akagenda.

Uwahoze ari umuyobozi wa Honduras yoherejwe muri Amerika mu 2022 na perezida uriho muri iki gihe, Xiomara Castro.

Juan Orlando Hernandez wahoze ari Perezida wa Honduras kuva 2014-2022

Nk’uko icyemezo cyo kumuta muri yombi kibivuga, Hernandez agomba gufungirwa muri Honduras abayobozi ba Amerika nibemera ko asubizwa mu gihugu cye.

Hernandez yavuzwe kandi mu rubanza rwiswe urwa Pandora, aho abanyapolitiki ba Honduras n’abayobozi ba Leta bivugwa ko bayobereje amafaranga ya leta mu mashyaka ya politiki bakoresheje ihuriro ry’imiryango itegamiye kuri leta. Nk’uko iyi dosiye ivuga, ibikorwa byo kwiyamamaza bya Perezida wa Hernandez mu 2013 byatewe inkunga n’amwe muri ayo mafaranga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *