Kuri uyu wa mbere, tariki ya 1 Nzeri 2025, mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko habereye igikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2025-2026.
Ni igikorwa cyari kiyobowe na Nyakubahwa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Rt. Hon. MUKANTAGANZWA Domitilla cyitabiriwe n’abagize inzego z’ Urunana rw’Ubutabera.
Mu ijambo rye, Umushinjacyaha Mukuru HABYARIMANA Angélique yagaragaje ko Ubushinjacyaha bwakiriye amadosiye 78.489 mu mwaka ushize, bukora amadosiye 75.732 angana na 96,4%.

Yagaragaje kandi ko kuva muri Nyakanga 2024 kugera muri Kamena 2025, Ubushinjacyaha bwaburanye imanza 42,378. Muri zo 39,498 zingana na 93.2% bwarazitsinze. Bwagabanyije kandi ijanisha ry’amadosiye aregerwa Inkiko aho yageze kuri 53.8%, naho ayashyinguwe akaba yariyongereye agera kuri 42.6%.
Ibi byaturutse ku mpamvu zitandukanye nko kwifashisha inzira zirimo guca ihazabu nta rubanza ndetse n’ubwumvikane hagati y’uwakorewe icyaha n’uwagikoze nk’uko biteganywa n’amategeko. Umushinjacyaha Mukuru yashimye ubufatanye bw’inzego zigize urunana rw’ubutabera mu kwesa umuhigo Ubushinjacyaha bwari bwarihaye.




