gettyimages-2232841198-20250903024048771

Ubushinwa bwatanze ubutumwa mu kumurika ibitwaro kabombo kurubuga rwa Tiananmen i Beijing

Ubwo hizihizwaga imyaka 80 Ubushinwa butsinze Ubuyapani,umuyobozi w’Ubushinwa Xi Jinping, Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin n’umuyobozi wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un bahuriye hamwe ku nshuro yabo ya mbere ya’karasisi  gakomeye ka gisirikare kabereye i Beijing rwagati.

Ni akarasisi k’isabukuru yimyaka 80 Ubushinwa butsinze Ubuyapani mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose aho bwerekanye ibikoresho byinshi bya gisirikare, birimo misile ziheka ibisasu kirimbuzi, izambukiranya imigabane ndetse na robo z’imbwa zishobora gukoreshwa mu rugamba. Ni akarasisi kitabiriwe n’abakuru b’ibihugu 20 ndetse kitabirwa n’ingabo ibihumbi icumi.

Bibaye mu gihe Xi Jinping arimo gushaka kwerekana ingufu za Beijing ku rwego mpuzamahanga, bitari mu bukungu gusa nk’igihugu cya kabiri ku isi mu bukungu, ahubwo no kwerekana ko intambara y’ubukungu perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika idahungabanya gahunda ya gisirikare ubushinwa bwubatse igihe kinini.

Inyabutatu ya Perezida Xi, Kim Jong Un, umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, ndetse nq Vladimir Putin Perezida w’Uburusiya, mbere yuko bose uko ari batatu bajyana hamwe mu karasisi ni indi shusho yuko politike y’isi iri guhinduka bitewe nuko bwari ubwa mbere aba bayobozi batatu bagaragara hamwe ku mugaragaro mu gihe nyacyo isi ihanganye n’ingaruka z’intambara ya Ukraine.

Iyi nyabutatu ndetse n’akarasiai ntabwo byashimishije Donald Trump, yabanje gushyira ubutumwa kuri True Social ashinja Xi kuba yaracuze umugambi wo kurwanya Amerika hamwe n’abandi. Umuyobozi w’Ubushinwa yatangaje mu ijambo rye ko igihugu cye kiri mu ruhande rw’amateka.

Ubushinwa bwashoye imari cyane mu bwenge bukorano mu bijyanye n’intwaro, gusa intwaro za kirimbuzi z’Ubushinwa si nyinshi ziracyari magana, aho ku mubare ziri inyuma cyane y’Uburusiya na Amerika, gusa inzobere muri geopolitics zikaba zigaragaza ko Ubushinwa buteye impungenge Amerika.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *