Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, yatangaje ko iterabwoba, n’ihohoterwa bimukorerwa bikomeje kwiyongera ku buzima bwe no ku bandi banyapolitiki batavuga rumwe na Leta ya Perezida Yoweri Museveni, cyane cyane uko amatora ya Perezida ateganijwe muri 2026 agenda yegereza.
Mu kiganiro yahaye itangazamakuru rya Associated Press (AP) ku kicaro cy’ishyaka rye National Unity Platform (NUP) i Kampala mu murwa mukuru wa Uganda, Bobi Wine yavuze ko yugarijwe n’iterabwoba ryiyongereye ku buzima bwe, harimo no guhigishwa uruhindu ku mugaragaro n’inzego z’umutekano.
Yagize ati: “Bimeze nabi kurusha mbere hose. Hari iterabwoba rikorerwa ubuzima bwanjye, ifungwa ifungwa ridakurikije amategeko, ndetse n’ubwicanyi, urugero akaba ari urw’ umuvandimwe wiciwe umwe wiciwe i Karamoja arashwe amasasu arenga 150.
Umugambi wa leta ni ugutera ubwoba abankurikira n’abemera ibyo mpagarariye, ariko ahubwo aho kuduca intege, byatwongereye imbaraga. Umubare w’abarwanashyaka banjye wariyongereye, abantu barasakuza kurushaho, kandi icyerekezo cyacu kirushaho gukomera.”
Bobi Wine avuga kandi ko yibasirwa cyane bitewe n’uko ari umukandida ukomeye mu guhangana na Museveni, umaze imyaka irenga 38 ayobora Uganda. Ibyo byiyongera ku magambo y’ihohoterwa n’ibitutsi bya hato na hato avugwa n’umuhungu wa Museveni, akaba n’Umugaba w’Ingabo za Uganda, Jenerali Muhoozi Kainerugaba.
Mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka, Kainerugaba yanditse kuri X (Twitter) ko azaca Bobi Wine umutwe mu gihe se yaba amuhaye uburenganzira. Mu kwezi kwa Gicurasi, yongeye atangaza ko yari afunze umurinzi wa Bobi Wine, wari waraburiwe irengero. Uwo murinzi nyuma yagaragaye mu rukiko atabasha kugenda, agaragaza ibikomere bikomeye.
Bobi Wine yashinje uyu mugaba mukuru w’ingabo Jenerali Muhoozi Kainerugaba kuba ari hejuru y’amategeko, kuko akoresha igitugu, agafunga abantu nta mategeko, akabakorera iyicarubozo.
Yagize ati: “Uyu si umuntu usanzwe. Ni umuhungu wa Perezida, niwe ushinzwe igisirikare, polisi n’amagereza. Ni nk’umwami. Yafunze umurinzi wanjye amufungira mu ndaki, aramukubita, aramwambura, amwogosha ku gahato, amufotora yambaye ubusa, abishyira ku mbuga nkoranyambaga.”
Mu matora yo mu 2021, Bobi Wine yahawe amanota ya 35% mu gihe Museveni yatsinze n’amanota 58%. Nubwo ari yo yabaye intsinzi nke Museveni yigeze agira, Wine ntiyemeye ayo majwi, avuga ko yibwe amajwi, ariko Komisiyo y’amatora yo muri Uganda yahakanye ayo makuru.
Aba bagabo bombi biteganyijwe ko bazongera guhangana mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganijwe muri Mutarama 2026. Museveni yamaze gutangira ibikorwa bye byo kwiyamamaza, cyane cyane mu bice bikennye bigaragaramo abafana benshi ba Bobi Wine, ashaka kongera kugwizaho amajwi.
Bobi Wine yavuze ko yakomeje gushishikariza abamushyigikiye gukora imyigaragambyo yo kwamagana akarengane, ariko ibikorwa bye bihora biburizwamo n’inzego z’umutekano, zivuga ko zirinze umutekano w’igihugu.
Ibi bibaye mu gihe Jenerali Muhoozi Kainerugaba nawe atangiye kugaragaza inyota yo kuzayobora igihugu, ibintu byinshi byafashwe n’abatari bake nk’ikimenyetso cy’uko Ubutegetsi bwa Museveni bushobora kuba bwarabaye ubw’umuryango, mu gihugu kitigeze kibona ihinduranya ry’ubutegetsi mu mahoro kuva mu 1962.




