Kuri uyu wa Gatatu, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, umuhanzi w’icyamamare wahindutse umunyapolitiki, Bobi Wine, yemerewe kwiyamamariza kuba perezida, akaba agiye guhangana na Yoweri Museveni ku nshuro ya kabiri.
Bobi Wine, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yabanje guhangana na Museveni bwa mbere mu matora yo mu 2021 ariko aza ku mwanya wa kabiri.
Uyu mugabo w’imyaka 43 ariko yanze kwemera ibyavuye mu matora avuga ko yibwe amajwi binyuze mu gutora mbere y’amatora, ni gutera ubwoba abayoboke be bikozwe n’inzego z’umutekano, guhindura ibyavuye mu matora ndetse na ruswa.
Ku wa Kabiri, Perezida Museveni, w’imyaka 81, uri ku butegetsi kuva mu 1986, na we yemerewe guhatanira indi manda. Aramutse atsinze, ubutegetsi bwe bwazamara hafi igice cy’ikinyejana.




