GuBzPwLXcAAXuXS

Uganda: Inzego z’umutekano zishe ikindi kihebe i Kampala

Inzego z’umutekano za Uganda zishe umugore wa kabiri wageragezaga gukora igitero cy’ubwiyahuzi muri Kampala nyuma y’ikindi giherutse kuburizwamo muri Munyonyo.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa X mu itangazo rwashyizwe ahagaragara n’Igisirikare cya Uganda (UPDF), ukekwa yiciwe ku isoko rya Kalerwe, agace gatuwe cyane ku mpera z’amajyaruguru ya Kampala. UPDF yemeje ko “itsinda ritegura ibisasu” ryagiye “gukora iperereza” no kurinda ako gace.

Ifoto yashyizwe ahagaragara iherekeje iryo tangazo yerekana ukekwaho kuba umwiyahuzi aryamye hasi iruhande rwa moto n’igikapu cy’urugendo kirabura, bikekwa ko cyari kirimo ibikoresho biturika.

Ibi bibaye nyuma y’ibyumweru bike abashinzwe umutekano baburijemo ikindi gitero cy’iterabwoba muri Munyonyo, aho umwiyahuzi wambaye ikoti ritezemo igisasu yahagaritswe n’ishami rya UPDF rishinzwe kurwanya iterabwoba ubwo bageragezaga kwegera Basilika ya Munyonyo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *