b2408ecf8854beab62bba9f86a5493ae44ca2472

Uganda: Polisi mu mvururu n’abashyigikiye Bobi Wine

Polisi ya Uganda yagize icyo ivuga nyuma y’uko hagaragaye amashusho anyuranaho ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abapolisi basenya ibirango byamamaza Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, umukandida w’ishyaka NUP (National Unity Platform), ku munsi wa gatatu wo ku wa 24 Nzeri 2025.

Amashusho yafatiwe mu mujyi wa Mbale ndetse no mu gice cy’ubucuruzi cya Kampala, agaragaza abapolisi bari mu bikorwa byo gusenya no gutatanya abashyigikiye NUP, aho bimwe mu bikoresho byamamaza Bobi Wine byangijwe na polisi.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane, tariki ya 25 Nzeri 2025, Polisi ya Uganda yemeye ko ayo mashusho ari ay’ukuri, ariko ivuga ko ibyo bikorwa byabaye ubwo habaga ibikorwa byo guhosha imvururu.

Polisi yatangaje ko yatangiye iperereza, kandi ko ibikorwa byose bidasanzwe byabaye bizafatirwa ingamba zikwiye harimo n’ibihano.

Ariko bamwe mu batavuga rumwe na Leta barimo n’abayobozi ba NUP, bamaganye ibyo bikorwa babifata nko guhohotera abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, banavuga ko ari ikimenyetso cy’uko inzego z’umutekano zikomeje kuba igikoresho cya politiki.

Robert Kyagulanyi, wemerewe kuziyamamaza ku mwanya wa Perezida mu matora ateganyijwe umwaka utaha, yamaganye ibikorwa by’abapolisi, avuga ko ari “ugukandamiza uburenganzira bw’abaturage no kugoreka demokarasi.”

Uganda imaze igihe kinini inengwa n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, cyane cyane kubera uburyo inzego z’umutekano zikunze gukoreshwa mu bikorwa byo kubangamira abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *