img-20250721-wa0000

Umudipolomate wa RDC yafatanwe ibiro birenga 200 bya Cocaine

Inzego zishinzwe gucunga imipaka muri Bulgaria ku Cyumweru tariki ya 20 Nyakanga, zatangaje ko zafashe abantu batatu barimo umudipolomate wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagerageza kwinjiza muri kiriya gihugu ibiro birenga 200 by’ikiyobyabwenge cya Cocaine.

Aba bashwe tariki 18 Nyakanga 2025, ku mupaka uhuza Bulgaria na Turkiya nk’uko byatangajwe n’ikigo gishinzwe gasutamo ndetse ubushinjacyaha bw’Akarere ka Haskovo, bukaba bwahise butanga ikirego.

Umudipolomate wa RDC wafatiwe muri kiriya gikorwa yahawe izina rya JM, akaba afite imyaka 40 y’amavuko.

Abandi bantu babiri bafashwe bari kumwe na we barimo umugore w’imyaka 54 ukomoka mu Bubiligi, ndetse n’Umunya-Bulgaria wari utwaye imodoka barimo.

Aba bose bakekwaho icyaha cyo gushaka kwinjiza ibiyobyabwenge babyambukije umupaka wa Kapitan Andreevo ugabanya imbibi za Bulgaria na Turkiya.

Bivugwa ko aba bantu bari batwaye imodoka ifite ibirango (Plate number) byo muri Bulgaria, basanganywe ibiro 205.94 by’ikiyobyabwenge cya cocaine cyari gipakiwe mu mavarisi atanu gifite agaciro k’abarirwa muri $ miliyoni 50.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu, yasobanuye ko ingano y’ibiyobyabwenge bwafatanywe aba bantu ari wo mubare munini wa cocaine yigeze gufatirwa ku butaka bwa Bulgaria.

Umushinjacyaha w’Akarere ka Haskovo Ivan Stoyano, yavuze ko bahise batabwa muri yombi mu gihe kingana n’amasaha 72 mbere y’uko dosiye yabo ishyikirizwa ubushinjacyaha.

Yongeyeho kandi ko ibyo baregwa bihanishwa igifungo kuva ku myaka 15 kugeza kuri 20 n’ihazabu y’amafaranga yo muri Bulgaria angana 200,000 kugeza 300,000.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *