Umuforomo w’Umunyamerika wo muri San Diego, muri California, witwa Matthew W., yanduye Covid-19 nyuma y’icyumweru kimwe ahawe urukingo rwa Pfizer-BioNTech nk’uko bitangazwa na ABC News.
Ku itariki 18 Ukuboza, nibwo uyu muforomo w’imyaka 45 yatanze ubuhamya kuri facebook avuga ko amaze guhabwa urukingo rwe rwa mbere rwa Covid-19.
Avugana na KGTV, iri akaba ari ishami rya ABCNews, yari yavuze ko yumvishe uburibwe busanzwe ku kaboko nk’ingaruka z’urwo rukingo.
Nyuma y’iminsi itandatu ariko, bucya Noheli iba, Matthew yararwaye yari yiriwe akorana n’itsinda ryita ku barwaye Covid. Yabanje kumva uburibwe mu mitsi n’umunaniro, ajya kwipimisha amara iminsi 2 ategereje ibisubizo bije asanga yaranduye.
Si we wa mbere bibayeho
“Ntabwo bitangaje na gato,” uyu ni Dr Christian Ramers, impuguke ku ndwara z’ibyorezo mu kigo Family Health Centers muri San Diego, avugana na ABCNews.
Uyu muganga uvuga ko hari ahandi ibi byabaye, avuga ko uyu muforomo ashobora kuba yaranduye mbere yo gufata urukingo bitewe n’igihe rutangira gukorera.
Avuga ko hakurikijwe amagerageza yakozwe haba hasabwa byibuze iminsi iri hagati y’10 na 14 mbere yo kuba urukingo rwatangira kugira ubushobozi bwo gukingira umuntu virus ya Corona.



