gcs_1750257679

Umugabo yakatiwe gukubitwa ibiboko 15 azira kurwana n’indaya

Mu mujyi wa Abuja muri Nigeria, umugabo yakatiwe igihano cyo gukubitwa imiba 15 y’inkoni nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kurwana n’indaya.

Uyu mwanzuro watanzwe n’urukiko rwa Wuse Chief Magistrate, aho umugabo yagejejwe imbere y’ubutabera adafite umwunganira mu mategeko.

Umunyamakuru Omoyele Sowore wari witabiriye urubanza, yavuze ko yatunguwe cyane abonye igihano nk’icyo gitangirwa imbere y’urukiko. Sowore yavuze ko iki ari igihano gihanitse, kandi ashidikanya ku mategeko yacyemeje.

Ibi byateje impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe babona ko ari akarengane mu gihe abandi bavuga ko ari igihano gikwiye ku muntu wagaragaje imyitwarire idahwitse.

Hari n’abagarutse ku kibazo cy’uko umugabo yagiye imbere y’urukiko nta bwunganizi mu mategeko, ibintu binengwa n’amategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *