screenshot-2023-01-02-at-94614-pm_63b304135e8b2.png

Umugabo yashoye akayabo ku kibumbano gisa neza nk’umugore we wapfuye

Tapas Sandilya, umukozi wa leta uri mu zabukuru w’imyaka 65, yashoye amafaranga akoreshwa mu Buhinde 250.000 (hafi $ 3.000) kugirango akorerwe ikibumbano gisa n’umugore we wapfuye .

Umugore wa Sandilya Indrani yapfuye muri Gicurasi 2021 mu gihe mu Buhinde bri muri guma mu rugo ya kabiri kubera icyorezo cya COVID-19. Sandilya yari mu kato igihe umugore we yapfaga. Kubera iyo mpamvu, umugore we w’imyaka 59 yapfuye nta muntu uri iruhande rwe.

screenshot-2023-01-02-at-94614-pm_63b304135e8b2.png

Mu kiganiro yagiranye na Times of India, Sandilya yibuka ukuntu yasuye urusengero rwa Iskcon i Mayapur ari kumwe n’umugore we akabona ikibumbano cya AC Bhaktivedanta Swami mu myaka icumi ishize.

screenshot-2023-01-02-at-94535-pm_63b307d4b842c.jpg

Indrani akimara kubona icyo kibumbano kimeze nk’umuntu muzima, yamenyesheje umugabo we ko yifuza gukorerwa igishusho nk’icyo mu gihe yapfa mbere ye.

wifes-statue-1.jpg

Sandilya yakoranye n’umuhanga mu kubaza ibishusho nk’ibi, Subimal Das, ukunze gukora kopi zishyirwa mu nzu ndangamurage, bamara amezi atandatu kugirango bareme ishusho isa neza n’umugore we wpfuye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *