Untitled-1-67

 Umugore wa Col. Besigye yatakambiye Museveni 

Umugore wa Col. Dr. Kizza Besigye, Winnie Byanyima, yatakambiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda amusaba gufungura uriya munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.

Byanyima yatakambiye Museveni, nyuma y’uko ubutabera bwa Uganda bwari bumaze gufata icyemezo cyo kumwangira kurekurwa by’agateganyo.

Besigye usanzwe ari umuyobozi w’Ishyaka FDC ritavuga rumwe n’ubutegetsi, afunzwe kuva mu mpera z’umwaka ushize akurikiranweho ibyaha birimo ubugambanyi bwo mu rwego rwo hejuru, no kugerageza guhirika ku mbaraga ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ni nyuma yo gutabwa muri yombi afatiwe i Nairobi muri Kenya.

Nyuma y’uko ku wa Kane Besigye yari yangiwe gutanga ingwate akarekurwa by’agateganyo, Byanyima yagize ati: “Ibi si ubutabera.”

Yakomeje atakambira Perezida Museveni, ati: “Umugabo wanjye n’abo bareganwa bamaze imyaka irenga 180 muri gereza. Itegeko rivuga ko bemerewe kurekurwa by’agateganyo, nyamara urukiko rwabyanze.”

“Icyaha cyonyine bakoze ni ukutemera ibintu mu buryo bwa Politiki. Ninginze Perezida Museveni ngo atange ubutabera, bitari ku mugabo wanjye gusa ahubwo no ku mfungwa zose za Politiki zifunzwe nta rubanza.”

Colonel Besigye avuga ko ibyaha aregwa bishingiye ku mpamvu za Politiki.

Icyakora mu gihe uyu mugabo na bagenzi be baba babihamijwe, bashobora guhanishwa gufungwa ubuzima bwabo bwose.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *