Umukinnyi ukomoka muri Argentina, Alejandro Garnacho akomoje kugaragaza ko ari umufana utihishira wa Cristiano Ronaldo, ibintu bidasanzwe ku bakinnyi bakomoka aho Lionel Messi afatwa nk’umwami.
Si kenshi umukinnyi agaragaza ko yaba ashyigikiye Messi kandi akomoka muri Portugal cyangwa se ngo yerekane ibimenyetso by’uko afana Cristiano Ronaldo kandi akomoka muri Argentine.
Garnacho w’imyaka 18 usanzwe ukinira ikipe ya Manchester United akaba afite inkomoko muri Argentine, we akomeje kwerekana ko afana bikomeye Cristiano Ronaldo.
Mu ijoro ryo ku wa Gatanu ubwo Manchester United yakinaga na Everton muri FA Cup, Garnacho yagaragaye yambaye umwenda w’imbere ugaragaraho ikirango “CR7” kiranga ibikorwa bya Cristiano Ronaldo. Ibi byashimangiye ko uyu mwana akunda byimazeyo Cristiano Ronaldo n’ubwo uyu rutahizamu we atakibarizwa muri iyi kipe yo mu Bwongereza.
Garnacho si ubwa mbere agaragaje ko afana bikomeye Cristiano Ronaldo kuko umwaka washize ubwo yakinaga mu ikipe y’abato ya Manchester United, yigeze kugaragara yishimira igitego mu buryo bwiswe ‘ SIUUU’ busanzwe ari umwihariko wa Ronaldo.
Ibi bikorwa bya Garnacho abantu bakomeje kwibaza niba bitazatuma abaturage ba Argentina batamwiyumvamo, bikazatuma ibyo gukinira Argentina biba amagorane.





2 Responses
Umukinnyi ukomoka muri Argentine ya Messi akomeje kugaragaza ko yihebeye Cristiano Ronaldo
Muduha amakuru kinyamwuga turabakunda ??@ N J Claude ????
Umukinnyi ukomoka muri Argentine ya Messi akomeje kugaragaza ko yihebeye Cristiano Ronaldo
Ni yo ntego yacu ????????????????????