Polisi ya Tanzaniya yatangije iperereza rikomeye ku mugabo wo muri Kenya ukekwaho kwinjira mu buryo butemewe muri sisiteme y’ikoranabuhanga rya Leta ya Tanzaniya maze akiyandikishaho nk’umukozi wa Leta ku rwego rwo hejuru.
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano muri icyo gihugu aravuga ko uwo mugabo yinjiye mu bubiko bw’amakuru bwa guverinoma, aho yahinduye inyandiko zemewe n’amategeko maze yiyitirira umwanya wa Komiseri w’Intara (Provincial Commissioner), umwanya uhabwa abayobozi bakuru bashinzwe gukurikirana ibikorwa bya Leta mu ntara.
Biravugwa ko nyuma yo kubona ayo makuru, uwo mugabo yahise yishyiraho umushahara ungana na miliyoni 60 z’amashilingi ya Tanzaniya buri kwezi (ni ukuvuga agera hafi kuri miliyoni 30 z’amanyarwanda, bitewe n’aho ivunjisha rigeze)
Ibi byabaye inkuru yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru byo kuri murandasi, bituma inzego z’umutekano zitangira iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane uburyo byashobotse ndetse n’amayeri yaba yarakoreshejwe.
Umuvugizi wa Polisi ya Tanzaniya yatangaje ko “ari igikorwa gikomeye cy’uburiganya gishobora kuba cyaragizwemo uruhare n’abantu bafite ubumenyi buhanitse mu by’ikoranabuhanga.” Yongeyeho ko iperereza ririmo no gukurikirana niba uwo munyakenya yaba yaragize abafatanyacyaha b’imbere mu gihugu.
Abasesenguzi b’umutekano mu ikoranabuhanga bavuga ko iki kibazo gishobora kuba kimenyekanisha intege nke zikomeye mu buryo Tanzaniya icunga sisiteme zayo za mudasobwa, bityo hakaba hakenewe isesengura ryimbitse n’impinduka zifatika mu mikorere y’iyo sisitemu.




