Umunyeshuri muri Kaminuza y’ u Rwanda, Ishami ry’Ubukungu n’Ubucuruzi (CBE), Innocent Uzabakiriho yashimiye Perezida w’ u Rwanda, Paul Kagame ku bintu bitandukanye yakoreye igihugu by’umwihariko ku guhangana na COVID-19, amusaba kumwemerera gutanga umusanzu w’amafaranga ibihumbi birindwi bivuye muri buruse ngo bizifashishwe mu kugura urukingo rw’iki cyorezo. Mu ibaruwa BWIZA ifiiye kopi, Uzabakiriho yashimiye Kagame ku bwo kuyobora urugamba rwahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’imbaraga zashyizwe mu burezi ku buryo na we ubu yabashije kwiga. Uzabakiriho kuri ubu yiga mu mwaka wa Gatatu, akaba avuga ko uyu ari umusanzu we mu gutumiza urukingo, yigomwe kuri buruse ahabwa na Leta. Ubu arasaba aho yanyuza uyu musanzu. BWIZA yahamagaye Uzabakiriho ku murongo wa telefoni avuga ko ahuze, akaza kuduha ikiganiro mu masaha ari imbere. Yemeje ko iyi baruwa ari iye bwite. Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru, Perezida Kagame yavuze ko urukingo rwa COVID-19 rushobora kuzagera mu Rwanda muri Werurwe cyangwa Mata 2021.

Ibaruwa ya Uzabakiriho Innocent
Related





2 Responses
Umunyeshuri yasabye Perezida Kagame kumwemerera gutanga Frw 7,000 bizakoreshwe mu gutumiza urukingo rwa COVID-19
Ibi nugushyoma bamubwiyeko guverenoma ibuze ubushobozi kuburyo ayitwerera 7000, tok
Umunyeshuri yasabye Perezida Kagame kumwemerera gutanga Frw 7,000 bizakoreshwe mu gutumiza urukingo rwa COVID-19
Ibi nugushyoma bamubwiyeko guverenoma ibuze ubushobozi kuburyo ayitwerera 7000, tok